BK yazanye uburyo bushya bw’inguzanyo z’inzu za Kigali Vision City

BK yazanye uburyo bushya bw’inguzanyo z’inzu za Kigali Vision City

Banki ya Kigali yazamuye igihe cyahabwaga abishyura inguzanyo z’inzu, kiva ku myaka itajyaga irenga 15 kigera ku myaka 20, nyuma yo kubona ko inzu zigezweho ziri kwiyongera mu Mujyi wa Kigali, by’umwihariko mu mudugudu wa Vision City.

Uyu ni umwihariko ku mushinga w’ikigo Ultimate Developers Ltd (UDL) cyubatse umudugudu ugezweho i Gacuriro mu Karere ka Gasabo, izo nguzanyo zikazagenda zitangwa ku nyungu ya 12%.

Ubu buryo bushya bw’inguzanyo z’inzu bureba izigera kuri 362 zirimo inzu zo guturamo ebyiri ebyiri zifatanye (semi-detached) 58 n’izo guturamo zubatse zijya hejuru (apartment) 304.

Zihagazeho mu biciro kuko ‘apartment’ y’ibyumba bibiri igura 125, 000$ (hafi miliyoni 110Frw); iy’ibyumba bitatu ni 184,000$ (agera kuri miliyoni 160 Frw) mu gihe iy’ibyumba bine ari 214,000$ (nibura miliyoni 190 Frw).

Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali, Dr Diane Karusisi, yatangarije IGIHE ko mbere inzu zari ku isoko byabonekaga ko zitari ku rwego ruhambaye cyane ndetse kuzigura wasangaga bisaba inguzanyo yishyurwa mu myaka 10 cyangwa 15 gusa.

Izo nguzanyo kandi ngo wasangaga ziri hagati ya miliyoni 10 Frw na 35Frw, abenshi ugasanga bakeneye kubaka inzu zabo, atari ukugura izubatse nk’uko bimeze kuri iyi nshuro.

Dr Karusisi yagize ati “Iyi ni intangiriro ya gahunda yacu y’igihe kirekire yo gufasha Abanyarwanda mu mikoro yose bafite, ngo babashe kugira inzu; turi kwita iyi gahunda uburyo bushya bwo gutanga inguzanyo y’inzu.”

Yakomeje agira ati “Inyungu ya 12 ku ijana ku nzu za Vision City ni umwihariko twagezeho hamwe n’abafatanyabikorwa bacu. Kongera imyaka yo kwishyura inguzanyo ikava kuri 15 ikagera kuri 20 ni ikimenyetso cy’uburyo tworohereje abantu, ku buryo bitewe n’amikoro y’umuntu, ashobora kwishyura munsi yayo, mu myaka irindwi, ariko ntirenge 20.”

Dr Karusisi yavuze ko intego ya BK ari ugushyigikira ubwubatsi bw’inzu ziciciritse bijyanye n’imbaraga leta iri gushyiramo ariko bigakorwa ku bufatanye n’abantu basanzwe bakora ubwubatsi.

Iyi gahunda nshya yo gutanga inguzanyo z’inzu yashobotse ku bufatanye bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwishingizi, RSSB, gifite imigabane igera kuri 25.1% muri BK, kikaba ari nacyo muterankunga w’umushinga w’ubwubatsi ushyirwa mu bikorwa na UDL.

Umuyobozi w’agateganyo wa UDL, Eng. Alain Abimana, yabwiye IGIHE ko batekereje iki gikorwa bagamije korohereza abantu benshi kubona inzu.

Ati “Umuntu ushaka inzu azajya aza twumvikane, noneho tumwohereze muri banki, irebe ibisabwa kuko iyo banki igiye guha umuntu inguzanyo hari ibyo igomba kubanza gusesengura. Nibamara kumvikana na banki twe tuzasinyana amasezerano y’ubugure nawe, tuyohereze muri banki itwishyure, ubundi nawe asigare ayishyura.”

Yakomeje agira ati “Ni uburyo bwo gufasha abantu kugura inzu mu buryo buboroheye, kuko urabizi uyu munsi kujya muri banki gufata inguzanyo y’igihe kirekire, nibura baguha kuri 17.5%, urumva ikinyuranyo kirimo cya 5.5% ni amafaranga menshi cyane urebye igihe cyose uba uzamara wishyura inguzanyo.”

Eng. Abimana yavuze ko mu byiciro bitaha, UDL iri gukorana n’abahanga ngo barebe ko nibura ibiciro bizajya hasi cyane ku buryo igiciro cya ‘apartment’ kitarenga miliyoni 100 Frw.

Ku bufatanye n’abafatanyabikorwa, bateganya ko ubufatanye bwo kugura inzu biciye mu nguzanyo buzakomereza ku zindi banki.

UDL ifite umushinga wo kubaka inzu zisaga 4,500 mu byiciro bine mu gihe cy’imyaka umunani. Mu cyiciro cya mbere hubatswe inzu 504, izigera ku 120 zimaze kugurishwa.

 

Eng. Abimana avuga ko kugeza ubu abantu bashaka inzu ari benshi ugereranyije n’iziri ku isoko, ku buryo umuntu yahamya ko ari ubucuruzi bwunguka.

Ati “Uburyo abantu bagura inzu buri hejuru cyane, ku buryo abazikeneye baruta abazubaka. Uyu munsi imibare y’Umujyi wa Kigali igaragaza ko nibura buri mwaka hagombye kubakwa inzu 32000 ariko iyo urebye ku isoko muri rusange, inzu zubakwa zigurishwa nta n’ubwo zirenze 1500. Haracyarimo icyuho mu rwego rw’ubwubatsi.”

Icyiciro cya mbere cya Vision City cyubatswe kigenewe abakiliya binjiza amafaranga menshi kuko inzu za mbere zabarwaga hagati ya miliyoni 143.2 Frw na miliyoni 448 Frw, gahunda ikurikira ikaba iyo kubaka mu buryo nk’ubwo inzu ziciriritse n’izigenewe ab’amikoro make.

Inyigo yakozwe n’Umujyi wa Kigali ufatanyije na Minisiteri y’Ibikorwa remezo n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi mu 2012, yerekanye ko umujyi ugenda ukenera inyubako nyinshi, ku buryo mu gihe cy’imyaka 10 hazaba harimo icyuho cy’inzu zo guturamo 350,000 niba nta gikozwe mu guhangana n’icyo kibazo.

Ubuke bw’inzu bushingiye ahanini ku buryo abaturage bava mu byaro bajya mu mijyi icyo gihe byari ku gipimo cya 4.8 ku ijana, mu gihe biteganywa ko mu 2020 Abanyarwanda bagera kuri 35% bazaba batuye mu mijyi.

 

Hommage à Rosalie Gicanda : Dernière reine du Rwanda génocidée le 20 avril 1994

Hommage à Rosalie Gicanda : Dernière reine du Rwanda génocidée le 20 avril 1994

Elle venait de fêter ses soixante six ans. La reine Rosalie Gicanda a été cruellement assassinée le 20 avril 1994 aux temps forts du génocide des Tutsi de 1994 dans sa résidence de Butare, dans le sud du Pays.

Pouvait-elle survivre à cette ignominie de l’histoire ? La folie d’un régime en perte de vitesse avait commencé à sonner le tocsin. Aucun Tutsi ne devait survivre, telle était la devise de régimes qui se sont succédé depuis 1959 date où son royal époux Rudahigwa a été brutalement arraché à la vie à Bujumbura par des coloniaux belges qui trouvaient qu’il devenait de plus en plus populaire parmi les citoyens rwandais.

Comment et pourquoi a-t-elle été arrachée à son palais pour rejoindre Butare-Astrida ? Mais au fait cette reine mère qui,le 20 avril 1994, subit les affres d’un peloton d’exécution conduit par un sous lieutenant Pierre Bizimana en compagnie, ironie de l’histoire, du Dr Kageruka, ancien médecin à l’Hôpital Universitaire de Butare.

Attention ! Regardez comment ce génocide des Tutsi a été en quelque sorte une réplique du génocide des Juifs d’Europe avec un triste Dr Joseph Mengele allemand, tortionnaire de triste renom.

Mais à soixante six ans cette reine-mère qui n’avait autres ambitions que le pur altruisme, comment expliquer les actes ignobles qu’elle a subis de la part d’un Capitaine Ildéphonse Nizeyimana des Ex-FAR (Forces Armées Rwandaises du Gén.Président Juvénal Habyarimana) ?

Kagatama, un témoin de ses années actives, racontait en 2010 sur son blog :

« Devant cette vieille femme magnifique, nous étions toujours très impressionnés, et puis la conversation débutait.

Sa maison était très connue à Butare, les pauvres venaient y recevoir un repas, un verre de lait, tout le monde pouvait la rencontrer sans aucune forme de protocole, que vous soyiez Hutu, Twa ou Tutsi, sa porte était constamment ouverte. Rosalie Gicanda était pourtant une reine, la veuve du Mwami Mutara Rudahigwa dont la mort le 25 juillet 1959 avait été le prélude aux pogroms anti-Tutsi et à l’exil de milliers d’entre eux du Rwanda ».

Et comme elle devait expier son crime de bénévolat indistinct,

» Le 20 avril 1994, des barbares se sont introduits chez elle. Ils l’ont enlevée avec six autres femmes de son entourage dans une camionnette. Ils l’ont exhibée dans les rues de la ville, puis l’ont exécuté , elle et ses six amies », continue plus loin Kagatama révolté.

Odes funèbres à la reine Mère Rosalie Gicanda

En ce 20 avril 2014, un certain Willy Fabre,mieux connu sous son nom de plume Moses Senyanzobe, admirateur de cette reine, s’impose une obligation de mémoire et d’égards à l’illustre disparue :

« Pardon Gicanda
De ne pas avoir eu
En ce soir du samedi 15 janvier 1994
A la Petite Colline de Bruxelles
Les paroles qu’il fallait

De n’avoir pu te convaincre
Par des mots justes
Par des arguments forts
Voire frappant »

Nous étions pourtant deux
A nous relayer
En te faisant comprendre
Que tous les renseignements
Qui nous arrivaient régulièrement
Annonçaient l’imminence
D’une gigantesque catastrophe
D’un monumental cataclysme
Voire de l’apocalypse ultime
Mais rien n’y fit
Tu étais décidée à rentrer
Comme tu le disais si bien
A vouloir rentrer parmi les miens

«

Et tu m’as offert cette précieuse photo
En guise de souvenir de cette soirée
Ce souvenir marqué de regrets
De regrets indélébiles
Inoubliables et gigantesques
Souvenir que j’ai sur mon cœur
Depuis cette soirée mémorable
Du samedi 15 janvier 1994
À la Petite Colline de Bruxelles

»

Et j’ai mal Gicanda
Je souffre l’horreur
Quand je me remémore ta fin
Ta fin honteuse scandaleuse
Voire surtout ignoble

«

Et je regrette toujours
De n’avoir pu avoir les arguments convaincants
Qui allaient te permettre de rester en Belgique
Car tu ne pouvais en effet rien face à cette menace
En rentrant chez toi
Comme tu le disais si bien
Je veux rentrer parmi les miens

»

Tu ne pouvais rien
Absolument rien contre cette horreur
Contre ce cataclysme qui venait
Inéluctablement
Et qui allait anéantir le Rwanda
Le Rwanda et les siens

«

Mais tu avais ton rôle suprême
Ton rôle suprême de reine à remplir
Et tu te devais d’être effectivement
Parmi les tiens
Et surtout en des moments pareils
Des moments extrêmes
Des moments forts
Des moments douloureux
Des moments inoubliables

»

Mais malgré cela Gicanda
Ou même à cause de tout cela Gicanda
Je ne puis que te demander pardon
Pardon de n’avoir pu te convaincre
De ne pas rentrer parmi les tiens
Et d’y subir les affres de cette apocalypse
Pardon Gicanda

Je m’en voudrai toute ma vie
Pardon Gicanda

Publié par Jovin Ndayishimiye
http://fr.igihe.com/droits-humains/inoubliable-rosalie-gicanda-derniere-reine-du.html
Posté le 20 avril 2017 par rwandaises.com
http://igihe.com/ubukungu/ubucuruzi/article/bk-yazanye-uburyo-bushya-bw-inguzanyo-z-inzu-za-kigali-vision-city
Posté le 23/04/2018 par rwandaises.com

 


Laisser une réponse

La radio en direct