Ibyivugo

1.Ndi Rwogezwa n'ingabo rwa Ngango,
Singarambira urugamba nka rubanda rw'inganizi,
Ntwara amacumu adahemba.

2.Ndi umunihuzaruti wa Rutamu urugamba dutonganye ntirutaha,
Ndi rubalirizakobe.

3.Ndi umuzibanduru wa ruzingandekwe, ntwali imena urugamba
Iyo nyibanguyemo amakuza abatali isibo barasigana, nkarwigiraho na Nkubito.

4.Ndi uwo amahina adakura umutima,
Uwo imbambanyi zikundira kwizera wa rwuhirandekwe,
Ndi umutegeka w'intambara intore zangize uwo kulinda.

5.Ngoga yasiliza mu masoko, Ntare yasanze ndi rusumbanyamugabo

6.Nibiliye mu iteme niburukira mu itabaro,
Intukura nyikuye mu za Matama,
Umubisha mutambika ku ruhembe rw'umuheto.

7.Nyahuzi y'amacumu ndi rutinyirwa amakuza,
Iyo ngeze mu gitaramo nta mutware umvugana impuhwe,
Ndi Mwaga w'Indinda.

8.Nyamuturuka intamabara ku mutwe,
Nyitera amacumu ngira ngo idakira uwa Rugemahabi,
Ndi Njyarugamba.

9.Nyili umuheto w'imfuruta nawukubise umuhima ku nda,
Umuhimakazi arayidoda, nkaba rukindurambavu.

10.Rubabaza igitero rucyaha abaganizi, inyamibwa idatinya,
Ntera inshuro ntigaruka.

11.Rubabaza kubarusha, rugumaguza ingango,
Rushengurana inkindi, inkuba idasongerwa nishe Sumiramya.

12.Rucumitanamifuka rufungulira amaco,
Icyo abandi bamukundira ntacikwa n'uwo yahamije.

13.Rudakenga bavuga imihigo, rukemampunzi batijana,
Ndi inkuba irakazwa n'induru.

14.Rudatsikira yumva induru rwa Nyandekwe,
Ndi indongozi y'urugamba, iyo ruvutse ngenda imbere.

15.Rugaragara ahananiye ingimbi rwa Ngabo nziza,
Nkubita urugamba rugishyikirana, nkaba ruhindananjunga intwali y'ibanze.

16.Rusakarana inkubito Rwagitinywa,
Inyamibwa yo muli izo nkuba, ndi rulirimbwa ahananiye indi mitwe.

17.Rushimutamuntu rwa Nyamashara,
Imfizi y'icyaga kandi ndi ingare y'ingalika mu mahina,
Nkaba imfizi itsinda bihinanye, ndi ruburamanywa Rwagitinywa.

18.Rutabura ubugabo ngeze mu babisha,
Rwagitinywa Rugina ntibamburanya,
Itabaro ndihoramo jye nyamibwa y'umutwe.

19.Rutaganira nenze ingabo, rusuzuguza abo twahigiye gusohoka,
Ndi imanzi mberewe n'umurera.

20.Ruti bataramana inyuma, ruboneka mu b'imbere,
Rusatira aho twateye, rutagarukanwa n'inshuro.

21.Rwigerezaho nkumbuye kuba intwali,
Rwa Nyilimbirima ntwara imbibi y'umukore, sinyigura umukinzi,
Niciye mu rwamu rw'imbunda, imbungiramihigo zizi icyo nazimaliye.

22.Rwononamirera rwa Mugema, ndi ikibyiruke cy'inzovu,
Narasaniye mu bikombe ibitare birakuka,
Abo mu gicu birahira Rwahama rw'i Muganza.

23.Mihigo itikura isuli igasandaza n'uyikinze, si ndi isibo muli izi ngabo
Uwarobanura ingenzi yambanza jye nyamibwa.

24.Mugabo umenera intore mu ntambara iteye ubwoba,
Yishe nyir'ibiti, yiciye Nyamikingo umwami yamutumye,
Yishe na Rugina rwa nyir'icyahi.

25.Muribuzi wa Rumanzi inyota y'amacumu;
Runyagiramihana n'ubu ni ingwe, akumira urugamba,
Ni inkerarugamba itagamburura.

26.Munyurangabo wa Rugango, rugandura amakuza,
Mbona amakombe y'ibyuma nkarwanira kuyasanga.

27.Munyurangabo wa Ruhuta, umuhungu sinitalika intambara zambonyeho Rugina.

28.Wambajije Mudakikwa na Mukikwababisha,
Iyo nshatse kubura indekwe nsa n'inkangu y'i Buhoma.

source: site karabaye

source : site karabaye