Minisitiri ushinzwe ikoranabuhanga muri Perezidansi Dr Ignace Gatare n’umuyobozi mukuru wa Polisi y’igihugu Brig Gen. Emmanuel Gasana bararahiye ku munsi w’ejo mu ngoro y’inteko ishinga amategeko ikoreramo ku Kimihurura mu mugi wa Kigali.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame, wari waje mu muhango wo kurahiza abo bayobozi bakuru b’igihugu yibukije abayobozi basanzwe mu mirimo itandukanye ndetse n’abo barahiye bashya ko gukorera abanyarwanda ari igikorwa gisaba ubushake n’ubwitange.

Perezida Kagame avugira ijambo mu nteko ubwo yari imbere y’abayobozi bakuru b’igihugu yavuze ko guhindura amateka mabi u Rwanda rwaciyemo byoroshye ariko bisaba gukora cyane umuntu ashikamye kuri buri umwe wese.

image
Perezida Kagame arasaba abayobozi gukora cyane no gukorana ubushake

Kugera kuri byinshi mu gufasha abanyarwanda bisaba gukora cyane no gushikama, no kugira ibitekerezo byiza n’imikorere inoze.

image
Brig Gen. Emmanuel Gasana abaye
umuyobozi mukuru wa Polisi mushya

Mbere y’uko aba umuyobozi mukuru wa Polisi y’igihugu, Gasana yari umuyobopzi mu ngabo z’u Rwanda.yaje asimbura Mary Gahonzire ubu uyobora urwego rushinzwe magereza mu Rwanda.

image
Dr Ignace Gatare yarahiriye kuba Minisitiri
w’ikoranabuhanga muri Perezidansi

Gatare, afite impamyabumenyi y’ikirenga (PhD) mu bumenyi bw’amashyanyarazi, aje asimbura ku mwanya wa Minisitiri ushinzwe ikoranabuhanga muri Perezidansi Prof Romain Murenzi wasabye ikiruhuko mu kwezi kwa Nyaknaga 2009.


Foto: NewTimes, Orinfor

MIGISHA Magnifique

 

 

 

http://www.igihe.com/news-7-11-1375.html

Posté par rwandaises.com