Minisitiri Murekezi Anasthase n’Umuvunyi Mukuru Tito Rutaremara( Foto /Goodman)

Jean Louis Kagahe

KIGALI – Minisitiri w’Umurimo, Anasthase Murekezi, afatanije n’Umuvunyi Mukuru, Tito Rutaremara, batangaje  ku wa 24 Ukuboza 2009 ihagarikwa ry’agateganyo ry’abakozi  56 batashatse kugaragaza  ku gihe umutungo wabo  ku rwego rw’Umuvunyi Mukuru cyangwa bakagaragaza utari wo.

Mu bahagaritswe hari abataragaragaje umutungo wabo cyangwa se bakagaragaza utari wo muri 2009, hakaba n’abatarigeze bagira icyo bagaragaza kuva 2007.

Abataragaragaje umutungo wabo  mu mwaka wa 2009 gusa  bahawe igihano cyo guhagarikwa ukwezi kumwe batanahembwa naho abataragaraje umutungo wabo guhera muri 2007 bahagaritswe ku kazi kabo amezi  abiri batanahembwa.

Minisitiri w’umurimo  yagize ati: “twabahaye icyumweru kimwe cyo kugira ngo babe batangaje umutungo wabo  batabikora ibyemezo  bindi bigafatwa naho guharikwa byo  bitangiranye n’ifatwa ry’iki cyemezo”

Kubera amategeko yihariye abagenga, abacamanza bo bazahanishwa  guhagarikwa mu gihe cy’amezi atatu bahembwa igice cy’umushahara. Mu kiganiro ikinyamakuru Izuba Rirashe cyagiranye n’Umuvunyi wungirije kuri telefoni igendanwa, Augustin Nzindukiyimana  yavuze ko kugira ngo biriya byemezo bifatwa hashingiwe ku itegeko risanzwe  rigenga abakozi  no ku itegeko rishya rigena imyitwaririre y’abakozi.

Ikinyamakuru Izuba Rirashe cyashatse kumenya ikizakurikira ihagarikwa bigaragaye ko kutagaragaza umutungo byaba byaratewe n’uko ba nyirawo batabasha gusobanura aho bawukuye, Umuvunyi wungirije agira ati “iyo izaba ari indi ntera kuko icyabaye ubu ari igihano gisanzwe kijyanye n’amategeko. Hari abatarawugaragaje kugeza ku itariki ntarengwa ya 30/06 z’uyu mwaka  kubera uburangare  hakaba n’abagaragaje utari wo”.

Twifuje kandi kugaragaza urutonde rw’abahagaritswe, Minisitiri w’Umurimo, Anasthase Murekezi , kuri telefoni igendanwa agira ati “ itegeko ntiribyemera. Gushyira ahagaragara amazina yabo ni kimwe mu bihano bya nyuma bahabwa”.

Icyashoboye kumenyekana ni uko abahagaritswe bamwe babarizwa mu Nteko Ishinga Amategeko, mu bucamanza, abakozi ba za ambasade, igisirikari n’abayobozi mu butegetsi bwite bwa Leta.

Umuvunyi mukuru, Tito Rutaremara we yavuze ko mbere y’uko Minisiteri ifata icyemezo, abakozi bari barandikiwe inshuro nyinshi ariko ntibubahiriza ibyo basabwaga.

Itegeko ryo mu mwaka  wa 2006 rigena Igaragaza ry’umutungo ku bakozi ba Leta riteganya ko utabikoze akurikiranwa agakorwaho iperereza.

Urwego rw’Umuvunyi rurimo gutegura itegeko rijyanye n’uburyo bwo kugaruza umutungo wa Leta ugaragaye ko wanyerejwe n’abakozi binyuze mu gufatira no mw’itezwa rya cyamunara y’ibyabo, byagaragara ko ari abere bakabisubizwa.

Iki cyemezo ni ubwa mbere gishyizwe mu bikorwa mu Rwanda ariko kandi kije hari abanyereje umutungo bagahunga batishyuye.

 

http://www.izuba.org.rw/index.php?issue=334&article=11328

posté par rwandaises.com