Ubwo uri uyu wa 1 Gashyantare u Rwanda rwazirikanaga ku mugaragaro Intwari zarwitangiye ku nshuro ya 18, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, abahagarariye imiryango y’Intwari n’uhagarariye abahagarariye ibihugu byabo n’Imiryango Mpuzamahanga mu Rwanda bashyize indabo ku mva z’Intwari z’igihugu.

Uyu muhango wabereye ku Gicumbi cy’Intwari i Remera, ahashyizwe indabo ku mva zazo.

Nyuma yo kuhagera kw’abagize imiryango y’Intwari, abayobozi bakuru mu nzego za Leta, uhagarariye abahagarariye ibihugu byabo n’Imiryango Mpuzamahanga mu Rwanda, Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, uw’umutwe w’Abadepite n’uw’umutwe wa Sena ; hakurikiyeho gushyira indabo ku mva kw’abagize imiryango y’Intwari z’igihugu.

Ku isaha ya saa tanu, Umushyitsi Mukuru Perezida wa Repubulika Paul Kagame yahageze haririmbwa indirimbo yubahiriza igihugu, ashyira indabo ku rubuga rwashyizweho ikimenyetso cy’Intwari.

Ambasaderi w’u Burundi mu Rwanda Sinkazi Remy wari uhagarariye abahagarariye ibihugu byabo n’Imiryango Mpuzamahanga mu Rwanda nawe yashyize indabo kuri izo mva, hanafatwa umwanya wo kuzirikana Intwari z’igihugu.

Nyuma y’uyu muhango bikaba biteganyijwe ko kwibuka Intwari bikomereza ku rwego rw’umudugudu mu gihugu hose.

Insanganyamatsiko y’uyu mwaka w’2012 ikaba igira iti : « Duharanire ubutwari, duhashya ihohoterwa rikorerwa abana. »

Perezida Kagame akigera ku Irimbi ry’Intwari

Perezida Kagame yunamira Intwari z’igihugu

Bari kunamira Intwari z’igihugu

Umuryango wa Gen Maj Gisa Fred Rwigema ushyira indabyo ku mva ye

Umuryango wa Rwagasana ushyira indabyo ku mva ye

Abahagarariye uwari Minisitiri w’Intebe Agathe Uwiringiyimana nabo bashyize indabyo ahashyinguye umubiri we

Aba ni abashyize indabyo ku mva y’Abanyeshuri b’i Nyange banze kwitandukanya na bagenzi babo ubwo baterwaga n’Abacengezi

Uhereye iburyo ni umufasha wa Nyakwigendera Fred Rwigema, Umubyeyi wa Rwigema na Mushiki wa Rwigema ibumoso

Foto : Urugwiro Village na Cyril NDEGEYA

www.igihe.com/spip.php?article20741

Posté par rwandanews