Iyi nkuru Yashyizwe ku rubuga na

Kuri uyu wa kabiri tariki 03 Mutarama nibwo ikigo gishinzwe abinjira n’abasohoka mu Rwanda cyamuritse impampuro nshya z’inzira (Laissez-Passer). Izi mpapuro zimeze nk’agatabo ka Passport gasanzwe zatangiye gutangwa guhera kuwa mbere tariki ya 02 Mutarama.

Lessez-passer nshya

Lessez-passer nshya

Anaclet KALIBATA, umuyobozi w’ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka, yavuze ko aka gatabo ka Laissez-Passer katekerejwe kakanakorwa mu rwego rwo gutanga servisi nziza kandi yihuse.

Raissa UWANJYE , umwe mu bari baje gufata uru rwandiko rw’inzira, yadutangarije ko ashimishijwe n’uko aka gatabo ka Laissez-Passer gashya gatwaritse neza, gafite igihe cy’imyaka 2, mu gihe urusanzwe rwabasabaga kugaruka buri mwaka.

Urupapuro rushya ubu, ruragura 10 000Frw mu gihe urusanzwe rwaguraga 3000Frw rukamara igihe cy’umwaka umwe. Benshi bakaba ngo binubiraga ko uru rwambere rwangirikaga ku buryo bworoshye.

Uru ruhusa rw’inzira rushya rumeze nk’agatabo, rufite udupapuro twinshi imbere dushobora guterwaho cachet n’inzego zikorera ku mipaka.

Abafite izi mpapuro zinzira zisanzwe zigifite igihe (valide) bashobora kujya kuzihinduza bagahabwa izi nshya,  abahawe izishaje tariki ya 30 na 31 Ukuboza 2011 bashobora kuzikoresha kugeza igihe zagenewe (umwaka umwe) kirangiye.

Soudan y’amajyepfo ni igihugu gishya ushobora kujyamo wifashishije uru rupapuro rw’inzira rushya, South Soudan yiyongereye ku Burundi, Uganda, Kenya, Tanzania Repuburika iharanira Demokarisi ya Congo.

Izindi Laissez-Passer zatanzwe mbere y'iyi nshya

Izindi Laissez-Passer zatanzwe mbere y’iyi nshya

Laissez-Passer yari iri gukoreshwa

Laissez-Passer yari iri gukoreshwa

Kuri bureau y'abinjira n'abasohoka ku Kacyiru

Kuri bureau y’abinjira n’abasohoka ku Kacyiru

Abayobozi b'ibiro by'abinjira n'abasohoka baha Raissa Uwanjye agatabo ke ka Laissez-Passez

Abayobozi b’ibiro by’abinjira n’abasohoka baha Raissa Uwanjye agatabo ke ka Laissez-Passez

Umukozi mu biro y'abinjira n'abasohoka asobanura uburyo ku mupaka bazajya abreba niba Laissez-Passez iri muzanditse mu mashini hakoreshejwe ikoranabuhanga, bikaba bbitoroshye kuba wakoresha inkorano

Umukozi mu biro y’abinjira n’abasohoka asobanura uburyo ku mupaka bazajya abreba niba Laissez-Passez iri muzanditse mu mashini hakoreshejwe ikoranabuhanga, bikaba bbitoroshye kuba wakoresha inkorano.

Laissez-Passer ziri gutangwa ibizigize (data) zibitse muri mudasobwa

Laissez-Passer ziri gutangwa ibizigize (data) zibitse muri mudasobwa

Daddy  SADIKI RUBANGURA
UMUSEKE.COM

umuseke.com/2012/01/04/laissez-passer-nshya-zamuritswe-zimeze-nka-passport/

Posté par rwandanews