Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko kuyobora igihugu ubusanzwe bigora ariko kuyobora igihugu nk’u Rwanda bigoranye kurushaho. Yasobanuye ko impamvu bigoye ari uko ubusanzwe igihugu gikennye kidahabwa agaciro kandi gitegekwa n’ubonetse wese.

Ayo ni amagambo Perezida wa Repubulika yavugiye mu ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko ku Kimihurura uyu munsi, ahaberaga umuhango w’irahira ry’abaminisitiri bagize guverinoma nshya.

Muri uwo muhango kandi Umukuru w’Igihugu yibukije abaminisitiri bari bamaze kurahirira inshingano zabo ko ari ukubaka agaciro ndetse n’iterambere ry’Abanyarwanda. Aha akaba yibukije ko mu iterambere hakubiyemo byinshi birimo umutekano, ubukire ndetse n’ibindi.

Yibukije abaminisitiri ko bakwiriye kujya bahuza ibyo minisiteri ishinzwe n’ibyo abaturage bakeneye bityo akaba aribwo bazaba barangije inshingano zabo neza, atari ukwirirwa babara imodoka ndetse n’intebe zo muri minisiteri.

Perezida wa Repubulika kandi yanenze abantu bajya kwiga mu mahanga bagaruka ntibakoreshe ubumenyi bakuyeyo mu guhindura imibereho y’ Abanyarwanda. Yaboneyeho kandi no kunenga abantu birirwa bibaza impamvu amashyaka yo mu Rwanda ashyira hamwe, yagize ati: ”Kuba PSD,PL, PPC ndetse n’andi mashyaka byashyira hamwe mu kubaka igihugu ntibikwiriye kuba ikibazo”.

Yibukije abaminisitiri ndetse n’abandi bayobozi muri rusange ko bakwiriye kwima amatwi abirirwa bigisha Abanyarwanda ibijyanye n’uburenganzira ndetse n’agaciro kabo. Yagize ati: “ahubwo usanga bamwe muri abo bamaze igihe kinini byarabananiye kwishyiriraho guverinoma.” Aha akaba yavuze ko guhangana n’ibyo ari ugukora ibikwiriye ubundi umusaruro uvuyemo akaba ari wo usubiza abo bose.

Perezida Kagame yavuze ku birirwa bashaka gutesha umutwe u Rwanda bavuga ibya jenoside, uburenganzira bw’itangazamakuru n’ibindi byose bavuga ko bitagenda neza ubwo yagiraga ati:” iyo dutaye umurongo, tuguma turi abakene noneho bakabona aho bahera badutunga.”

Asoza ijambo rye yibukije Abanyarwanda ko nta wundi muntu ushobora kubaha agaciro usibye bo ubwabo, avuga kandi ko agaciro k’Abanyarwanda kadakwiriye gushyirwa hasi y’agaciro k’abandi bantu.

Yabwiye Abanyarwanda bose ko ibyirirwa bivugwa hirya no hino bishyira U Rwanda mu majwi bimeze nk’imiyaga, imirabyo n’inkuba, abasaba ko bakwiriye kubyikinga mu mirimo yabo ya buri munsi ubundi bigaceceka.

Muri uwo muhango wo kurahiza abaminisitiri binagaragara ko watinze ukurikije igihe guverinoma yashyiriweho, harahiye abaminisitiri 18 n’abanyamabanga ba leta 2.

Ikindi kandi nk’uko Perezida wa Repubulika yari yabivuze mu muhango wo kurahiza Minisitiri w’Intebe wabaye tariki ya 14 nzeri, ndetse bikaza no kugaragara nyuma y’aho ubwo guverinoma nshya yatangazwaga, abaminisitiri barahiye uyu munsi bose ni abasanzwe. Ibyo bigahuza neza na ya mvugo ya Perezida Kagame yagize ati: “ntawe uhindura ikipe itsinda”.

Umuhango wo kurahiza abaminisitiri mu mafoto

Bamwe mu baminisitiri barahira

image

Minisitiri w’Ingabo Gen James Kabarebe

image

Minisitiri mu Muryango w’Afurika y’Iburasirazuba MUKARULIZA Monique

image

Minisitiri w’Ubuzima Dr SEZIBERA Richard

image

Perezida Kagame ubwo yagezaga ijambo ku bari bitabiriye uyu muhango

image

Nyuma y’umuhango abaminisititi barangajwe imbere na Minisitiri w’Intebe

Bernard Makuza bari gusohoka mu nyubako y’Inteko Ishinga Amategeko

image

Perezida Kagame n’abagize guverinoma barahiye ku ifoto y’urwibutso

image

Ubwo Perezida Kagame yasabanaga n’abagize guverinoma bari hanze y’Inteko Ishinga Amategeko

Inkuru bifitanye isano:

Iryo Perezida Kagame yavuze riratashye: Guverinoma yose isubijweho uko yari isanzwe 100%

posted on Sep , 15 2010 at 00H 02min 20

Foto: Mbanda J, Urugwiro Village

SHABA Erick Bill

http://www.igihe.com/news-7-11-7719.html
Posté par rwandaises.com