Kuri uyu wa Kane tariki 20 Mata 2017, nibwo abo mu muryango, inshuti n’abavandimwe bashyinguye mu cyubahiro Sayinzoga Jean witabye Imana ku Cyumweru azize indwara ya kanseri y’umwijima.

Uyu musaza w’imyaka 75 wayoboraga Komisiyo yo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe ingabo zavuye ku rugerero, yari umukirisitu Gatolika ari yo mpamvu ku isaha ya saa sita muri Kiliziya ya Regina Pacis i Remera hasomwe misa yo kumusabira.

Ni igitambo cya misa cyayobowe n’inteko y’Abasaserdoti 15, cyitabirwa n’ibihumbi by’abantu barimo Madamu Jeannette Kagame n’umukobwa we, Ange Kagame, Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi, Abaminisitiri, Abasenateri, Abadepite n’abandi.

Umukobwa we, Betty Sayinzoga, yahishuye ibintu bitatu yasabye ko azakorerwa mu gihe cyo kumusezeraho, birimo kwirinda kuvuga amashuri yize.

Yagize ati « Icya mbere yarambwiye ati ‘umuntu uzibeshya akavuga amashuri nize, ntabwo nzaba ngiye kwaka akazi, muzayareke si ngombwa ubwenge ntabwo ari amashuri. Icya kabiri, ntihazagire umuntu wibeshya ngo avuge abana nabyaye, njyewe ntabwo nigeze ndobanura, abana nabyaye n’abo nareze bose ni abana banjye. »

Yakomeje avuga ko icya gatatu yabasabye ari ukutamuherekezanya amarira kuko yabayeho mu byishimo n’ubusabane.

Yagize ati  » Yajyaga ava guhamba abasaza bagenzi be akaza akambwira ati ‘muzambabarire biriya byo kuboroga simbishaka. »

Ku mugoroba wo kuwa Gatatu habaye igitaramo cyo kwizihiza ubuzima bwa Sayinzoga, hacurangwa inanga za Rujindiri kuko yazikundaga. Ni igitaramo cyaranzwe n’ibyishimo no gutebya ku buryo byari bigoye kumenya ko hari uwitabye Imana.

Yakemuye ikibazo leta yananiwe

Sayinzoga yamaze imyaka irenga 40 akina umukino wa karate buri munsi. Niwe wawutangije mu Burundi no mu Rwanda, akaba n’umunyarwanda rukumbi wari ufite dan ya gatandatu muri uwo mukino.

Mu buhamya bwatanzwe na Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino wa karate mu Rwanda, (FERWAKA), Karamaga Barnabe, yagarutse ku butwari bwa Sayinzoga muri uwo mukino, by’umwihariko uko yarwanyije amabandi mu Burundi akoresheje ikinyabupfura kiranga uwo mukino.

Yagize ati »Mu 1970 mu Burundi hari udutsiko twitwara bubandi kandi amategeko ntagire icyo abikoraho. Gutangiza karate ubuyobozi bwabonaga ko ari akandi gatsiko k’amabandi ariko arwana ishyaka arasobanura baramwemerera. Abakaratika bakomeje kwiyongera na ya mabandi aracika kandi byari byarananiye leta. »

Yakomeje avuga ko abenshi mu bo Sayinzoga yatoje muri Puma Club bitabajwe mu rugamba rwo kubohora igihugu kandi bagatanga umusanzu wabo ukomeye.
Karamaga yatangaje ko nk’ishyirahamwe ry’umukino wa karate bazasaba umuryango wa Sayinzoga wabibemerera bakajya bategura amarushanwa yo kumwibuka.

Yayoboye umudugudu imyaka 14

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka, yavuze imyato Sayinzoga yaba ku bikorwa bye mu kigo yayoboraga, no mu buyobozi bw’inzego z’ibanze zirimo Umudugudu w’Intashyo atuyemo yayoboye imyaka 14 kugeza ubwo asimbuwe umwaka ushize.

Yagize ati « Inzego z’imidugudu zitangira benshi ntibazihaga agaciro, bumvaga ari iz’abantu badafite ikindi bakora. We yumvise ko ubuyobozi ari ho buhera aritoza baramutora. Umudugudu we ugira umutekano, isuku, wihutaga mu iterambere ku buryo abandi bazaga kuwigiraho. »

Yagarutse ku bikorwa bye muri njyanama y’Akarere ka Rutsiro yayoboye kugeza umwaka ushize, aho yashyize hamwe ubuyobozi bwako agatuma gatangira ibikorwa by’iterambere.

Yagize ati “Yakoze ubuvugizi agashakira sitade ubu irakoreshwa, nta biro by’akarere byari bihari ariko ubu bigiye kuzura, ntabwo kagiraga aho abashyitsi barara ariko asize hagiye kuzura hoteli nziza. Abanya-Rutsiro ntibazamwibagirwa.”

Umuhango wo gushyingura Sayinzoga wabereye mu irimbi rya Rusororo riherereye mu Karere ka Gasabo.

 

Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi n’abandi bayobozi mu nzego nkuru z’igihugu mu muhango wo gusabira Sayinzoga Jean

 

Inteko y’Abapadiri bayoboye misa yo gusabira Sayinzoga

 

Abapadiri batura igitambo cy’Ukarisitiya

 

Sayinzoga Jean yitabye Imana ku myaka 75

 

Gen. Karenzi Karake wa mbere(iburyo) mu basabiye Sayinzoga

 

Imbaga y’abitabiriye misa yo gusabira Sayinzoga mu kiliziya ya Regina Pacis i Remera

 

 

Abakirisitu bahazwa

 

 

Betty Sayinzoga(wa kabiri ibumoso), nyina na Kampeta Sayinzoga mu misa

 

Ingabire Marie Immaculee, Eugene Barikana na Rose Mukankomeje(wambaye umutuku)

 

John Mirenge wahoze ayobora RwandAir(wa kabiri iburyo)

 

Korali Christus Regnat yo kuri Paruwasi ya Regina Pacis i Remera

 

Betty Sayinzoga watanze ubuhamya bw’ibyo umubyeyi wabo yasize ababujije

 

Umwe mu nshuti z’umuryango wa Sayinzoga atanga ubuhamya bw’uko babanye

 

Minisitiri ushinzwe impunzi no gukumira ibiza, Seraphine Mukantabana(iburyo) na Minisitiri w’Ingabo, Gen. James Kabarebe

 

Karamaga Barnabe, Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Karate mu Rwanda

 

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka yavuze imyato Sayinzoga

 

Umukuru w’Umuryango, Mathias Abimana

 

Kiliziya ya Regina Pacis ahabereye misa yo gusabira Sayinzoga

 

 

 

 

Abakaratika bakereye guhekeza mwarimu wabo

 

 

 

Umurambo wa Sayinzoga ujyanywe ku mva

 

Umuryango wa Sayinzoga ku irimbi i Rusororo aho yashyinguwe

 

Abayobozi bakuru mu nzego zishinzwe umutekano baherekeje Sayinzoga

 

Sayinzoga asezerwaho bwa nyuma i Rusororo

 

 

 

 

 

 

 

Umugore wa Sayinzoga n’umukobwa we bashyira indabo ku mva

 

 

Umwe muri bashiki ba Sayinzoga ashyira indabo ku mva

 

 

Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi ashyira indabo ku mva

 

Minisitiri Kaboneka ashyira indabo ku mva

 

 

 

Ambasaderi w’u Buyapani mu Rwanda Takayuki Miyashita amaze gushyira indabo ku mva

 

Abamugariye ku rugamba na bo bari baherecyeje Sayinzoga bafata nk’umubyeyi wabo

 

 

Abakaratika bamaze gushyira indabo ku mva ya Sayinzoga

Amafoto: Luqman Mahoro

http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ibidasanzwe-kuri-sayinzoga-jean-wabujije-umuryango-we-kuvuga-amashuri-yize

Posté le 21/04/2017 par rwandaises.com