• Connectez-vous
La Voix De La Diaspora Rwandaise de Lille
  • Accueil
    • Français
    • Kinyarwanda
  • Rwandanews
  • Communiqués
    • Officiels
    • Évènementiels
    • Nécrologie
      • Avis de décès
      • Hommage
  • Culture
    • Art
    • Histoire
    • Livres
  • Nous contacter

Sélectionner une page

Alpha Condé ati: Abanyamahanga bamaze kuduha ubwigenge ‘barigendera biradukenesha’

1 Oct , 2018 | Kinyarwanda |

Alpha Condé ati: Abanyamahanga bamaze kuduha ubwigenge ‘barigendera biradukenesha’

Umukuru w’igihugu cya Guinée Alpha Conde yemeza ko kugenda kw’Abafaransa bari bafatiye runini ubukungu bw’igihugu cye ubwo cyabonaga ubwigenge byadindije iterambere ryacyo. Ubukene buri mu baturage be ngo ntibwatewe n’abayobozi babi gusa ahubwo ngo n’u Bufaransa bubifitemo uruhare.

Alpha Conde asanga kuba Abakironi barahise bava mu gihugu cye kikibona ubwigenge bwarakidindije mu iterambere

Kuri uyu wa Kabiri nibwo Guinée izizihiza umunsi wayo wo kubona ubwigenge kuko yabubonye taliki 02, Ukwakira, 1958.

Ubwo abanyamakuru bamubazaga impamvu igihugu ke kikibarirwa mu bikennye cyane buri mu byakolonijwe n’Abafaransa, Perezida Conde yavuze ko ubukene bafite bwatewe na bamwe mu bayoboye kiriya gihugu nyuma y’uko kibonye ubwigenge ariko ngo n’u Bufaransa bwarabatereranye.

Ati: “ Abafaransa bagomba kumva ko niba muri iki gihe Guinée ikennye nabo babigizemo uruhare. Ubwo twabonaga ubwigenge muri 1958 Abafaransa bari barize bahisemo kwitahira basiga igihugu nta bahanga gifite bo kugiteza imbere.”

Ngo bisa n’aho bari bagamije guhuhura ubukungu bwa Guinée. Ngo iyo hatagoboka Leta zunze ubumwe z’Abasoviyete n’u Bushinwa,  Guinée iba yarasenyutse.

Guinée nicyo gihugu cya mbere cyabonye ubwigenge mu bihugu byari byarakonijwe n’u Bufaransa byo munsi y’ubutayu bwa Sahara.

Cyageze ku bwigenge nyuma y’uko abaturage banze gutora kamarampaka yari yashyizweho n’u Bufaransa bwa Gen de Gaulle bwasabaga ko yaba kimwe mu bihugu bigize umuryango w’ibihugu by’Africa byiyunze n’u Bufaransa. Icyo gihe hari taliki 28, Nzeri, 2018.

Perezida Alpha Condé yagiye ku butegetsi muri 2010 icyo gihe akaba yari asimbuye Lansana Conté.

Alpha Condé ati: Abafaransa bamaze kuduha ubwigenge ‘barigendera biradukenesha’

Posté le 01/09/2018 par rwandaises.com

Jeune Afrique

UMUSEKE.RW

Partager:

Taux:

ELECTION DE LA NOUVELLE SECRÉTAIRE GÉNÉRALE DE L’OIF: QUELLES SONT LES CHANCES POUR L’AFRIQUE DE L’EMPORTER?Précédent
Adieu Françafrique, bonjour ChinafriqueSuivant

Articles Similaires

U BUBILIGI BWAGERAGEJE KWIKURA MU ISONI KU MPAMVU BWATERERANYE ABATUTSI/ FDRL IKOMEJE GUSHYIGIKIRWA

U BUBILIGI BWAGERAGEJE KWIKURA MU ISONI KU MPAMVU BWATERERANYE ABATUTSI/ FDRL IKOMEJE GUSHYIGIKIRWA

8 avril 2025

U Rwanda rwizeye ko u Burundi na RDC bizashyigikira kandidatire ya Mushikiwabo muri OIF

U Rwanda rwizeye ko u Burundi na RDC bizashyigikira kandidatire ya Mushikiwabo muri OIF

22 juin 2018

Ubundi ku munsi nkorera miliyoni||Amazina yacu ni amapagani ayabo ni amakirisitu||Dr Rusa Bagirishya

Ubundi ku munsi nkorera miliyoni||Amazina yacu ni amapagani ayabo ni amakirisitu||Dr Rusa Bagirishya

25 mai 2024

Perezida Kagame agiye kwakira ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga 54 ba Afurika

Perezida Kagame agiye kwakira ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga 54 ba Afurika

5 mai 2017

Laisser une réponse Annuler la réponse

Vous devez vous connecter pour publier un commentaire.

Archives

octobre 2018
L M M J V S D
1234567
891011121314
15161718192021
22232425262728
293031  
« Sep   Nov »

Conçu par Elegant Themes | Propulsé par WordPress

  • Connectez-vous