Mu kiganiro twagiranye n’umuhanzi Kizito Mihigo kuri telefone, dore ko muri iyi munsi ari mu Rwanda muri gahunda za FESPAD, yadutangarije ko yateguye igitaramo cy’akataraboneka, kizahuza abahanzi baririmba indirimbo z’Imana bo mu Rwanda ndetse n’abaririmba izindi zisanzwe.

Bamwe mu bahanzi bazitabira iki gitaramo barimo Tonzi, Aline Gahongayire, Aimé Uwimana, Munyanshozan Dieudonne (Mibirizi), Eric Senderi, Umusizi Edouard Bamporiki, Umuririmbyi Mupenzi Joseph Desiré , ndetse na Vincent de Paul uzwi cyane kuri Radio Maria.

Kizito Mihigo yadutangarije ko iki gitaramo yise DUTORE DUTUJE, kizaba kigamije gutanga ubutumwa bw’amahoro n’umutuzo muri iki gihe cy’amatora. Yadutangarije kandi ko kizitabirwa n’abanyacyubahiro nka Minisitiri w’Umuco na Siporo n’abandi.

Iki gitaramo ntigisanzwe kuko bizaba ari ku nshuro ya mbere mu mateka y’u Rwanda abaririmbyi baririmbira Imana mu madini yose bazahura, ndetse hiyongereho n’abaririmba indirimbo zisanzwe, byiyongereyeho ko guhura kwabo bikazaba ari mu rwego rwo gukangurira abaturarwanda gutora batuje.

Iki gitaramo kizabera muri Hotel Serena y’I Kigali, ku cyumweru tariki ya mbere Kanama, guhera I saa kumi n’imwe (17h00). Kwinjira ngo ni ibihumbi icumi ku bantu bakuru, na bitanu ku bana n’abanyeshuri.

Tubajije Mihigo urwego yateguyemo iki gikorwa, yatubwiye ko nk’umuhanzi w’umukristu, agomba kugira uruhare mu guharanira amahoro mu bantu, ngo akaba ari nabyo azashishikariza abandi bahanzi. Mihigo yagize ati: « Turi abakristu ariko turi mu isi ».

Tubibutse ko Umuhanzi Kizito Mihigo yitabiriye Fespad 2010, hamwe n’abandi bahanzi nka Koffi Olomide, José Cameleon, Lauryn Hill, D Banj n’abandi.

image

Foto: Banza Dolph

Marie Ange IKIREZI / IGIHE.com

Couvin – Belgique

http://www.igihe.com/news-4-8-6309.html
Posté par rwandaises.com
facebook